Ibindi byamamare
Yari ikihebe n’umutima we wose kuri Israel, Mohammed Deif yari muntu ki?

Igisirikare cya Isiraheli cyavuze ko cyarashe Mohammed Deif mu gitero ku gipangu cyo mu gace ka Khan Younis ku itariki ya 13 Nyakanga 2024.
Mbere yuko Isiraheli ivuga ko yamwishe, Mohammed Deif yari ayoboye ishami rya gisirikare rya Hamas rizwi ku izina rya Izz al-Din al-Qassam Brigades.
Abategetsi ba Isiraheli baramufunze mu 1989, nyuma ashinga ishami ry’abarwanyi yise al-Qassam rigamije gufata abasirikare ba Isiraheli.
Amaze kurekurwa, yagize uruhare mu gikorwa cyo kubaka imiyoboro yo munsi y’ubutaka yatumye abarwanyi ba Hamas binjira muri Isiraheli bavuye muri Gaza.
Deif ni umwe mu bagabo bashakishwaga cyane na Isiraheli, akaba yarashinjwaga gutegura no kuyobora ibikorwa byo gutega ibisasu muri bisi byahitanye Abanya Isiraheli babarirwa muri mirongo mu mwaka wa 1996, no kugira uruhare mu ifatwa no kwica abasirikare batatu ba Isiraheli hagati mu myaka ya za 90 (1990).
Isiraheli yamufunze mu mwaka wa 2000, ariko atoroka igihe hatangiraga imyivumbagatanyo ya kabiri y’Abanyapalesitine kuri Isiraheli, izwi ku izina rya Intifada.
Kuva icyo gihe, ntiyajyaga aboneka. Hariho amafoto ye atatu azwi: imwe ni iya kera, iya kabiri yipfutse mu maso, naho iya gatatu urebye ni igicucu cye gusa.
Igikorwa gikomeye cyo kugerageza kumwica cyabaye mu 2002. Deif yararokotse ariko ahatakariza ijisho rimwe. Isiraheli ivuga ko yatakaje n’ikirenge n’ikiganza, kandi ko yarafite ikibazo cyo kuvuga.
Inzego z’umutekano za Isiraheli zongeye kunanirwa kwica Deif mu gitero cyagabwe mu ntara ya Gaza mu 2014, ariko zica umugore we na babiri mu bana be.
-
AbahanziImaze ibyumweru 3
Gitari ye iyo ayicuranze mu ndirimbo byanze bikunze iba hit mu Rwanda, Umucuranzi Bolingo Paccy ni muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 4
Nta mubyeyi numwe yewe nta numuvandimwe yigeze ariko yabaye icyamamare muri cinema, BIJIYOBIJA ni muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 2
Yararwaye arinda apfa abantu bazi ko ari prank, Vava (Dorimbogo) yari muntu ki?
-
AbanyapolitikiImaze umunsi 1
Minisitiri w’intebe Dr. Nsengiyumva Justin ni muntu ki?