Wadusanga

Ibindi byamamare

Ari Perezida 90% by’umumushahara we yawiheraga abacyene, Perezida wafatwaga nk’ukennye Mujica ni muntu ki?

Yanditswe,

Kuya

José Albelto Cordano Mujica yavutse ku wa 20 Gicurasi 1935 i Montevideo, muri Uruguay.

Mujica yari umunyapolitiki w’umuhinzi mu gihugu cya Uruguay.

Mu 1966, yinjiye mu mutwe mushya wa MLN-Tupamaros.

Ni umutwe w’impinduramatwara witwaje intwaro watewe inkunga na Revolution yo muri Cuba.

Kwamamaza

Hashize iymyaka itatu, agerageza kwigarurira umujyi wa Pando, ayoboye itsinda ry’inyeshyamba za MLN.

Ahagana mu 1970, Mujica yarashwe n’abapolisi inshuro esheshatu mu kabari ka Montevideo agerageza kubacika.

Yarokose ahamana, umwaka wakurikiyeho yongeye gufatwa mabwo aratoroka, ari hamwe n’abandi bantu 100, gereza ya Punta Carretas barayitorotse kuko bacukuye umwobo bawucamo.

Mujica yaje gufatwa arongera aratoroka, afatwa mu 1972.

Kwamamaza

Yamaze imyaka 13 afungiye muri gereza yafatwaga nk’indiri y’ibyaha.

Mu 1985, José Mujica yavuye muri gereza hashingiwe ku itegeko ry’imbabazi.

José Mujica yaje kuba umu Depite mu matora rusange yo mu 1994.

Mu 1999, yagizwe umusenateri,  muri  2005, agirwa Minisitiri w’ubworozi, ubuhinzi n’uburobyi, abigizwe na Perezida Tabaré Vázquez.

Kwamamaza

Yabaye Minisitiri kugeza aba muri  2008.

Muri 2008, ’Broad Front’ yatorewe kuba perezida wiri shyaka.

Ni nyuma yo gutsinda uwahoze ari Perezida waryo Luis Lacalle Herrera

Muri 2009, Mujica yiyamamarije kuba perezida wa Uruguay.

Kwamamaza

Yatsinze amatora ndetse arahirira kuba perezida w’iki gihugu ku wa 1 Werurwe 2010.

Abaye Perezida, yatangiye gukemura amakimbirane yari amaze igihe kinini hagati ya Uruguay na Arijantine.

Perezida José Mujica na mugenzi we wa Arijantine, Cristina Kirchner, ubwiyunge bwabo bwatangaje benshi.

José Mujica yagizwe Perezida w’umuryango w’ubucuruzi wa Mercosur umwaka umwe muri 2011.

Kwamamaza

Yabaye Perezida w’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Amerika y’Epfo kuva mu 2014 kugeza mu 2015 ariho yavuye ku butegetsi nka Perezida.

José Mujica yanze ko itegeko Nshinga rihinduka ngo yiyamamarize manda ya kabiri.

Icyo gihe Tabaré Vázquez yasubiye ku mwanya wa Perezida mu matora yo mu 2014.

Manda ya Perezida  José Mujica yarangiye ku ya 1 Werurwe 2015.

Kwamamaza

Mujica afatwa nka perezida wa mbere w’umukene ku isi yose, bitewe no kuba yarabaga mu buzima bwo kwIcisha bugufi.

Urebye 90% by’umushahara yahembwaga nka buri kwezi ungana na $ 12.000 yawugeneraga imiryango ifasha abatishoboye.

Mujica akimara  kuba perezida yanze kuguma mu ngoro ya Perezida cyangwa gukoresha serivisi z’abakozi bayo.

Uburinzi bwe bwari bugizwe n’abantu babiri n’itsinda ry’imbwa ze eshatu, yagendaga mu modoka zihendutse.

Kwamamaza

Akaba yaritabye Imana tariki ya 13 Gicurasi 2025, afite imyaka 90.

Abasomye iy’inkuru: #6,585
Kwamamaza #kwibuka31

Izikunzwe