Abanyapolitiki
Ni umukarateka akaba n’umuyobozi muri Loni, Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze ni muntu ki?

Jean Chrysostome Ngabitsinze yavutse tariki ya 23 Nzeri 1977.
Yavukiye mu ntara y’Amajyepfo mu karere ka Nyamagabe.
Dr Ngabitsinze afite Impamyabumenyi y’Ikirenga mu bukungu bushingiye ku buhinzi, yakuye muri Kaminuza ya Milan mu Butaliyani.
Yabaye kandi umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda atanga amasomo y’ubuhinzi imyaka isaga 10.
Kuva muri 2015 yagizwe umunyamabanga mukuru w’ishyaka PSD.
Muri 2016, yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi w’Ikigo gishinzwe kuzamura ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB.
Yabaye mu Nteko Ishinga Amategeko ari Umudepite, Dr Ngabitsinze yari Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe gukurikirana imicungire y’umutungo wa Leta, PAC.
Muri 2020 Ngabitsinze yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.
Tariki ya 30 Nyakanga 2022, Dr. Ngabitsinze yahawe kuyobora MINICOM kuva tariki 30 Nyakanga 2022.
Muri 2024, uyu mwanya yaruvuyeho asimbuwe na Prudence Sebahizi wari Umuyobozi ushinzwe Imikorere n’Ubugenzuzi mu Bunyamabanga bw’Isoko Rusange ry’Afurika.
Muri Mata 2025, Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Loni n’Umuyobozi Mukuru wa African Risk Capacity Group.
Ngabitsinze yatangiye gukina kera umukino wa karate ndetse muri mu 2023 yabonye Dan ya Kabiri muri Shotokan.
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 4
Nta mubyeyi numwe yewe nta numuvandimwe yigeze ariko yabaye icyamamare muri cinema, BIJIYOBIJA ni muntu ki?
-
AbahanziImaze ibyumweru 2
Gitari ye iyo ayicuranze mu ndirimbo byanze bikunze iba hit mu Rwanda, Umucuranzi Bolingo Paccy ni muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 2
Yararwaye arinda apfa abantu bazi ko ari prank, Vava (Dorimbogo) yari muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 3
Yakoraga urugendo rwamasaha 10 agiye gushaka Camera, Umunyarwenya Danizzo ni muntu ki?