Abanyapolitiki
Ahagarariye amashuri y’igenga naza kaminuza, Senateri Prof. Uwimbabazi Penine ni muntu ki?

Afite impamyabumenyi y’Ikirenga mu gusesengura Politiki za Leta n’Iterambere yakuye muri Kaminuza yo muri Afurika y’Epfo ya KwaZulu-Natal.
Yari amaze imyaka 15 mu bijyanye no kwigisha ndetse kuri ubu yari Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’Abaprotestanti mu Rwanda ya PIASS akaba yaranayibereye Umuyobozi Wungirije Ushinzwe Imyigire n’Ubushakashatsi.
Kuri ubu ayoboye Ihuriro ry’Abashakashatsi muri Afurika y’Iburasirazuba, East African Community Academic and Reserch Networks (EACARNRI) rigamije kuzamura ireme ry’uburezi n’ubushakashatsi mu Karere.
Prof. Uwimbabazi Penine ni umwe mu bagore bake b’Abanyarwanda bageze kuri urwo rwego rwo kugira ‘Professorat’.
‘Professorat’ ni rwo rwego ruhanitse mu mashuri ndetse bisaba kwiyuha akuya, ukamara amajoro menshi utaryama, ukigomwa byinshi birimo umwanya, ibyo benshi babona nk’ibyiza, amafaranga, ugakora ubushakashatsi, ukandika ibitabo n’ibindi.
Umuntu agera kuri uru rwego yaramaze imyaka 12 mu mashuri abanza n’ayisumbuye n’imyaka 10 kuva ku cyiciro cya mbere kugera ku gihanitse cya kaminuza, ukanamara imyaka nibura 10 yo kwigisha muri kaminuza, ugakora ubushakashatsi, ukandika ibitabo cyangwa ibyavuye mu bushakashatsi.
Tariki ya 17 Nzeri 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, yatangaje ko Uwimbabazi Penine ari yatsinze ku kigero cya 97,02%.
-
AbahanziImaze ibyumweru 2
Gitari ye iyo ayicuranze mu ndirimbo byanze bikunze iba hit mu Rwanda, Umucuranzi Bolingo Paccy ni muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 4
Nta mubyeyi numwe yewe nta numuvandimwe yigeze ariko yabaye icyamamare muri cinema, BIJIYOBIJA ni muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 2
Yararwaye arinda apfa abantu bazi ko ari prank, Vava (Dorimbogo) yari muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 3
Yakoraga urugendo rwamasaha 10 agiye gushaka Camera, Umunyarwenya Danizzo ni muntu ki?