Abanyamakuru
Ubu ni umuyobozi w’ungirije wa RBA, Sandrine Isheja ni muntu ki?

Sandrine Isheja Butera, ni umunyamakuru wakoreye Radiyo zitandukanye harimo Radio Salus, Isango Star na Kiss FM Rwanda ari naho yaje kumenyekana cyane mu biganiro by’ubumenyi n’imyidagaduro.
Sandrine Isheja Butera ni Bucura bw’iwabo mu bana bavukana uko ari 3, Sandrine yize itangazamakuru nitumanaho asoza amashuri ye mu mwaka wa 2012.
Isheja Sandrine Butera yasezeranye n’umukunzi we Kagame Peter mu muhango wabereye ku biro by’Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo kuwa 15 Nyakanga 2016.
Tariki ya 16 Nyakanga 2016 basezerana imbere y’Imana bahamya isezerano ryabo ko bazabana akaramata,ubu baritabye abana babiri.
Ni umugore wahiriwe n’urugendo rw’itangazamakuru amazemo igihe kinini, ijwi rye ryatumbagije ubwamamare bwe kugeza anifashishijwe mu birori bitandukanye, yagiye kandi akora mu kanama nkemurampaka mu marushanwa y’ubwiza.
Yakunzwe n’umubare utabarika w’abamutegaga amatwi mu biganiro bya mu gitondo byatambukaga kuri Radio Kiss FM.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatanu tariki 23 Kanama 2024, iyobowe na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, yagize Sandrine Isheja Butera Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA.
Sandrine kandi agira uruhare rukomeye mu gutinyura no gutera imbaraga abagore n’abakobwa mu rugendo rw’ubuzima.
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 4
Nta mubyeyi numwe yewe nta numuvandimwe yigeze ariko yabaye icyamamare muri cinema, BIJIYOBIJA ni muntu ki?
-
AbahanziImaze ibyumweru 2
Gitari ye iyo ayicuranze mu ndirimbo byanze bikunze iba hit mu Rwanda, Umucuranzi Bolingo Paccy ni muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 2
Yararwaye arinda apfa abantu bazi ko ari prank, Vava (Dorimbogo) yari muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 3
Yakoraga urugendo rwamasaha 10 agiye gushaka Camera, Umunyarwenya Danizzo ni muntu ki?