Abakinnyi
Umukinnyi w’Amavubi Phanuel Kavita ni muntu ki?

Phanuel Kavita Mabaya yavukiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu 1993.
Yavutse kuri se ukomoka muri DRC ndetse na nyina ukomoka mu Rwanda.
Umupira yawutangiriye mu kigo cy’amashuri cya Clemson University, cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho ababyeyi be bari batuye.
Icyo gihe yari ataratangira gukina nk’uwabigize umwuga kuko yari akiri muto.
Yafashije ikigo cye mu mikino 81 y’irushanwa ryahuzaga ibigo by’amashuri rya Atlantic Coast Conference.
Nyuma yaje kubengukwa n’Ikipe yo mu Cyiciro cya Mbere muri Amerika ya Real Salt Lake.
Byari binyuze muri gahunda ya ‘Homegrown Player Rule’ itanga uburenganzira ku bakinnyi b’amakipe bajya muri ’Major League Soccer’.
Yahise ajya gukinira ikipe yo mu kiciro gatatu ya Real Monarchs SLC.
Ku mukino we wa mbere yakinnye muri 2015, banganyije na LA Galaxy II, ibitego 2-2.
Muri 2017, Kavita yahise asinyishwa nk’umukinnyi mushya wa Puerto Rico FC yari imaze imyaka ibiri ishinzwe.
Nibwo yahise atangira gukina Icyiciro cya Kabiri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Nyuma y’amezi arindwi yahise atangazwa muri Saint Louis Football Club yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Iyi kipe yaje gusenyuka muri 2020.
Yaje guhita asinyira Birmingham Legion, mu ntangiriro za 2021, anagirwa kapiteni wayo.
Kavita Phanuel Mabaya yahamagawe bwambere n’umutoza watozaga Amavubi, Frank Spittler Torsten muri muri 2024.
-
AbahanziImaze ibyumweru 3
Gitari ye iyo ayicuranze mu ndirimbo byanze bikunze iba hit mu Rwanda, Umucuranzi Bolingo Paccy ni muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 4
Nta mubyeyi numwe yewe nta numuvandimwe yigeze ariko yabaye icyamamare muri cinema, BIJIYOBIJA ni muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 2
Yararwaye arinda apfa abantu bazi ko ari prank, Vava (Dorimbogo) yari muntu ki?
-
AbahanziImaze ibyumweru 3
Gutwara PGGSS,Imishinga na Davido, yapfuye afite imyaka 33, Umuraperi w’ibihe byose mu Rwanda Jay Polly yari muntu ki?