Abahanzi
Niwe mu nyarwanda w’icyamamare mu Isi y’umuziki, Tuma Basa ni muntu ki?

Amazina yiswe n’Ababyeyi ni Tumaine Basaninyenzi ariko mu ruhando rw’umuziki azwi nka ‘Tuma Basa’.
Basaninyenzi ni izina ry’umuryango, ryari irya sogokuru we, ni umunyarwanda wavukiye muri Repubulika iharanira demikarasi ya Congo nde uvuga ko afite inkomoko mu bice bya Musanze.
Mu 1980, ubwo yari afite imyaka itanu, umuryango we wimukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, basubira muri Zimbabwe afite imyaka 13, aho bamaze imyaka iri hagati y’itandatu n’irindwi.
Basubiye muri Amerika yahise ajya kwiga muri Kaminuza ya Iowa.
Yize muri Brigham Young University ‘BYU’ umwaka umwe noneho ajya muri kaminuza ya Iowa.
Kujya kwiga muri lowa byatewe nuko Se umubyara nawe ariho yize akanahakura Impamyabumenyi y’Ikirenga ‘PhD’.
Yabaye muri Iowa akiri muto, byatumye aza no gukomerezayo yiga ku ishuri Se yizeho.
Gukunda umuziki kwe Tuma Basa byaturutse kuri Se, kuko yakundaga umuziki.
Papa we yakundaga kumva imiziki myinshi iri mu rurimi rw’Ilingara, yumvaga indirimbo za Bob Marley n’abandi bahanzi benshi nkuko yabibwiye Igihe.
Asoje yagiye gukora kuri BET, akora kuri MTV, Revolt, yakoze kuri Spotify birangira agiye gukora kuri YouTube.
Yaje mu Rwanda muri 2006 muri FESPAD, icyo gihe yari yitabiriye inama yari yabereye muri Hotel Serena, icyo gihe yitwaga Intercontinental, ninabwo yahuye n’abahanzi bo mu Rwanda.
Aha hose nubwo yahakoze yatangiye akora imenyereza mwuga, aho yakoze inshuro eshatu atishyurwa, kuko yarabishakaga cyane.
Tuma Basa uwitwa Lyor Cohen niwe wamuhaye amahirwe.
Lyor Cohen uyu yabaye Umuyobozi Mukuru wa Def Jam Recordings inzu ikomeye cyane mu bijyanye no gukora umuziki wa Hip hop muri Amerika.
Yabaye Umuyobozi Mukuru wa ‘Warner Music Group’ ndetse yanatangije ‘label’ yitwa 300 Entertainment.
Tuma Basa yakoze muri BET mbere y’uko igurishwa muri Viacom Inc., yakoze muri Revolt ya P. Diddy igitangira.
Tumabasa yageze muri MTV isa nk’imaze gufatisha, agera muri Spotify yarafatishije.
Muri 2018, yageze kuri YouTube yaramaze gukomera, ugereranyije na biriya bigo bindi, kuko igera ku bantu benshi yumvirwaho indirimbo, ikigirwaho, igakorerwaho n’ibindi byinshi.
Muri YouTube akora mu bijyanye na ‘Music Program’ ariko cyane cyane akibanda ku bintu byose bijyanye n’umuziki, cyane cyane uw’abirabura.
Akurikirana yaba ibijyanye n’umubano w’abakora umuziki, uburyo bwo kuzamura ‘Music Program’, n’ibindi.
Tuma Basa yagize uruhare mu ivuka rya ‘Rap Caviar Playlist’, iha umwihariko abaraperi, ikanafasha abakunzi ba Hip hop kumva umuziki unogeye amatwi.
Ikindi kandi wamenya nuko ari producer akaba na Dj witabazwa na benshi mu byamamare mbere yo gushyira hanze indirimbo zabo.
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 4
Nta mubyeyi numwe yewe nta numuvandimwe yigeze ariko yabaye icyamamare muri cinema, BIJIYOBIJA ni muntu ki?
-
AbahanziImaze ibyumweru 2
Gitari ye iyo ayicuranze mu ndirimbo byanze bikunze iba hit mu Rwanda, Umucuranzi Bolingo Paccy ni muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 2
Yararwaye arinda apfa abantu bazi ko ari prank, Vava (Dorimbogo) yari muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 3
Yakoraga urugendo rwamasaha 10 agiye gushaka Camera, Umunyarwenya Danizzo ni muntu ki?