Abanyapolitiki
Ni umunyarwanda w’umuhanga UN yizera cyane, Ngororano Antony ni muntu ki?

Amazina yiswe n’Ababyeyi ni Anthony Ngororano.
Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu Iterambere ry’Ubukungu yakuye muri Kaminuza ya East Anglia.
Yize kandi ibijyanye n’Ububanyi n’Amahanga (International Relations) afitemo impamyabumenyi yakuye muri Kaminuza ya Sussex.
Afite imyabumenyi y’ikiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’ubukungu yavanye muri kaminuza ya Edinburgh.
Uyu mugabo imirimo y’ibijyanye n’imari n’ubukungu yayitangiriye muri Uganda.
Yabaye ushinzwe ubukungu muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi n’Iterambere ry’Ubukungu ya Uganda.
Ngororano yabaye umujyanama mu by’ishoramari muri Citigroup N.A mu gihugu cya Kenya ndetse na Tanzania.
Yabaye umujyanama mu biro bya UNDP bishinzwe Afurika biri muri New York.
Ngororano yakoze nk’umujyanama muri gahunda za politike n’igenamigambi muri UNDP ishami rya Nigeria, Zambia n’u Rwanda.
Inshingano mu byubukungu kandi yanazikoze nk’umujyanama Mukuru mu by’Ubukungu wa Minisitiri w’Intebe mu Rwanda.
Yagizwe kandi umuyobozi Nshingwabikorwa mu biro by’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mibereho Myiza y’Abaturage (UNFPA) i New York.
Yakoze inshingano nyinshi mu Ishami rya Loni rishinzwe Iterambere ry’Abagore.
Ngororano yabaye Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere, UNDP muri Kenya ndetse no muri Mauritanie.
Anthony Ngororano yagizwe Umuyobozi w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye muri Madagascar n’umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres, tariki 1 Werurwe 2025.
-
Ibindi byamamareImaze ibyumweru 4
Niwe wahinduye Bibiliya mu Kinyarwanda, Karasira Juvénal ni muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 2
Yazize umukobwa, Umukinnyi wa filime Steven Kanumba yari muntu ki?
-
AbahanziImaze ibyumweru 4
Yabyaye impanga z’abana batatu, umuhanzi Kizz Daniel ni muntu ki?
-
Ibindi byamamareImaze ibyumweru 3
Niwe munyarwanda ushobora kuvura Diabéte igakira burundu, Dr Nduwayo Léonard ni muntu ki?