Abanyapolitiki
Ashinzwe imyubakire mu mujyi wa Kigali, Fabrice Barisanga ni muntu ki?

Fabrice Barisanga yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imyubakire n’Imitunganyirize y’Umujyi (City Engineer) n’ Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame tariki 14 Kamena 2024, asimbuye Asaba Katabarwa Emmanuel.
Fabrice Barisanga yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubwikorezi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo.
Afite ubunararibonye mu bijyanye n’ubwikorezi, yakoze imirimo itandukanye aho yigishije mu bigo bitandukanye ibijyanye n’ubwikorezi (Transport) anakorera ibigo byigenga n’imiryango itegamiye kuri Leta.
Yabaye Umuyobozi ushinzwe Igenamigambi n’Ubushakashatsi mu Kigo gishinzwe Ubwikorezi (RTDA).
Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’ubwikorezi yakuye muri Kaminuza ya Stellenbosch muri Afurika y’Epfo.
-
Ibindi byamamareImaze ibyumweru 4
Niwe wahinduye Bibiliya mu Kinyarwanda, Karasira Juvénal ni muntu ki?
-
Abakora SinemaImaze ibyumweru 2
Yazize umukobwa, Umukinnyi wa filime Steven Kanumba yari muntu ki?
-
AbahanziImaze ibyumweru 4
Yabyaye impanga z’abana batatu, umuhanzi Kizz Daniel ni muntu ki?
-
Ibindi byamamareImaze ibyumweru 3
Niwe munyarwanda ushobora kuvura Diabéte igakira burundu, Dr Nduwayo Léonard ni muntu ki?